Umuyobozi wa Air Canada yeguye kubera kutavuga Igifaransa.

Mar 31st, 2026 06:44 AMBy Edison NIYOMUREMYI
Share
Umuyobozi wa Air Canada yeguye kubera kutavuga Igifaransa.

Umuyobozi Mukuru wa Air Canada, Michael Rousseau, yeguye kuri iyi mirimo nyuma y’uko anenzwe cyane ko atavuze Igifaransa ubwo yihanganishaga imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka yahitanye abapilote babiri, Mackenzie Gunther na Antoine Forest.

Mu minsi ishize indege ya Air Canada yari iri kugwa ku kibuga cy’Indege cya LaGuardia Airport cyo mu Mujyi wa New York, yagonganye n’ikamyo yari iri kwambuka umuhanda indege yanyuragamo.

Iyi mpanuka y’iyi ndege yari ivuye i Montréal, yahitanye abapilote babiri, abagenzi benshi barakomereka n’abari muri iyo kamyo barakomereka.

Michael Rousseau yatanze ubutumwa bwihanganisha abagizweho ingaruka n’iyi mpanuka, ariko abikora mu Cyongereza gusa, ibyatumye abantu benshi barimo na Minisitiri w’Intebe, Mark Carney, bamunenga cyane bamusaba no kwegura.

Impamvu bamunenze ni uko umwe mu bapilote bitabye Imana witwa Antoine Forest, avuka muri Quebec, ibarizwamo abavuga Igifaransa, bigafatwa nko kutamuha agaciro.

Nyuma uyu muyobozi yavuze ko atashobora kuvuga mu Gifaransa kabone nubwo yigeze guhabwa amasomo yacyo.

Ku wa 30 Werurwe 2026 ni bwo Air Canada yatangaje ko Michael Rousseau yayibwiye ko azasezera ku kazi ke mu mpera z’igihembwe cya gatatu.

Mu itangazo Rousseau yagize ati “Byari iby’agaciro gukorana n’abanyamurava ndetse b’abanyempano bo muri Air Canada no guhagararira iki kigo gikomeye. Nzakomeza gufasha iki kigo uko nshoboye muri iyi minsi isigaye.”

Rousseau yari amaze imyaka igera kuri 20 ayobora Air Canada.

 

Inkuru Bijyanye
Izindi