politiki
Izindi Nkuru

MINEDUC yanyomoje abavuze ko hari umwana watsinze ku rwego rw’Igihugu ariko ntahamagarwe
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yakuyeho urujijo ku makuru y’uko hari umunyeshuri watsinze ku rwego rw’Igihugu ntahamagarwe i Kigali ngo ahabwe ibihembo ku munsi wo gutangaza amanota y’ibizamini bya Leta.
Reba inkuru
Nyiri ’Ingufu Gin’ n’abandi 14 bakoraga inzoga z’ibyuma bagejejwe mu rukiko
Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo kwimura iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu rubanza ruregwamo abantu 15 barimo umuyobozi akaba na nyiri uruganda rwa Ingufu Gin, Ntihanabayo Samuel.
Reba inkuru
“No muri plafon tuzageramo inzoga tuzikuremo” : CP Boniface Rutikanga yaburiye abagihishe inzoga zaciwe ku isoko
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Boniface Rutikanga, yaburiye abacuruzi n’abandi bantu bagihisha inzoga zitemewe ababwira ko ibikorwa byo kuzishakisha no kuzivanaho ku isoko bitazahagarara, anasaba abakizifite kuzishyikiriza ubuyobozi kugira ngo zimenwe mu buryo bukwiye.
Reba inkuru
Huye: Abantu 4 batawe muri yombi nyuma yo kwikomeretsa ku gitsina ku bushake kugira ngo basabirize
Mu Karere ka Huye haravugwa inkuru y'itabwa muri yombi ry'abasore batatu n'umugore umwe bakekwaho kwikomeretsa ku bushake ku myanya yabo y’ibanga kugira ngo basabirize baka ubufasha bwo kwivuza.
Reba inkuruAbantu 61 bafunzwe bakekwaho kwenga inzoga zitujuje ubuziranenge
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko abantu 61 barimo n’abanyenganda bamaze gufungwa bakurikiranyweho kwenga no gukwirakwiza ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, aho bamwe bakoraga ibinyuranyije n’ibyo baherewe uburenganzira.
Reba inkuru
Interineti ya 2G na 3G ntizongera gukoreshwa mu Rwanda nyuma ya 2027
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gahunda yo guhagarika buhoro buhoro ikoreshwa ry’imiyoboro ya telefoni igendanwa ya 2G na 3G, mu rwego rwo kwimukira ku ikoranabuhanga rya 4G na 5G rizatanga serivisi za murandasi yihuta kandi zizewe ku baturage.
Reba inkuru
Gen Muhoozi yanejejwe n'uko yakiriwe i Kigali
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda, ashima uburyo we n’itsinda yari ayoboye bakiriwe na Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame ndetse n’abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda.
Reba inkuru
Joseph Kabila yafatiwe ibihano na Amerika
Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zatangaje ko zafatiye ibihano Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Reba inkuru
Uganda: Okello wishe abana bane abateye ibyuma yahawe igihano cy’urupfu
Urukiko rukuru muri Uganda rwakatiye igihano cy’urupfu Christopher Okello Onyum, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica abana bane b’incuke abateye ibyuma.
Reba inkuru
Uganda; Abasirikare 4 bakuru barashinjwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi
Ku wa 27 Mata 2026, abasirikare bakuru b’ingabo za Uganda (UPDF) bagejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikare i Makindye, bashinjwa kunyereza litiro 270,000 za mazutu.
Reba inkuru
“Byaba ari ukuyobya uburari” iby’igitero cyo kwica Trump ntibivugwaho rumwe
Donald Trump yatangaje ko umugabo wagabye igitero muri Washington Hilton Hotel aho yari mu musangiro n’abanyamakuru bakorera muri White House yashakaga kwica abayobozi bakuru ari umurwayi wo mu mutwe, nubwo abakurikira ibya Politike batabivugaho rumwe bagaragaza ko byaba ari ibintu byateguwe mu rwego rwo kurangaza abanyamerika.
Reba inkuru
Umuyobozi mushya wa MONUSCO yasuye Goma igenzurwa na M23
Umuyobozi mushya w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), Umunyamerika James Swan, yageze mu Mujyi wa Goma umaze umwaka urenga mu ugenzuzi by’abarwanyi b’Umutwe wa AFC/M23.
Reba inkuru
Moto zikoresha lisansi zigiye gukumirwa ku isoko ry’u Rwanda
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb Jean de Dieu Uwihanganye, yatangaje ko moto zikoresha lisansi cyangwa mazutu zigiye guhagarikwa kwinjira ku isoko ry’u Rwanda hagashyirwa imbere izikoresha amashanyarazi gusa.
Reba inkuru
Intambara y'Uburusiya na Ukraine yahindutse iyi mashini cyane kurusha abantu
Intambara y'Uburusiya na Ukraine muri uyu mwaka wa 2026 imaze guhinduka cyane "intambara y'imashini" (machine war) kurusha iy'abantu bahanganye amaso ku maso. Ibi biterwa n'uko impande zombi zirimo gukoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gusimbura abasirikare mu bikorwa bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga cyangwa ahantu hagoye cyane.
Reba inkuru
Perezida Kagame yageze Congo- Brazaville aho azitabira irahira rya Sassou Nguesso
Perezida Paul Kagame yageze i Brazzaville, aho azitabira umuhango w’irahira rya Perezida Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora Repubulika ya Congo.
Reba inkuru
Perezida Kagame azaba ari Umuyobozi w’Ikirenga: Ishusho ya Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda azaba ari we Muyobozi w’Icyubahiro wa National Defence University-Rwanda (NDU-R) kaminuza ya gisirikare y’u Rwanda, nk’uko itegeko riyishyiraho ribyemeza.
Reba inkuru
#Kwibuka32: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Umugoroba wo Kwibuka muri BK Arena
Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Reba inkuru
#Kwibuka32 : Mbere y’uko wica u Rwanda ruzakwica, ntiwakwica abantu kabiri - Perezida Kagame
Perezida Wa Repubulika y'u Paul Kagame ubwo yatangizaga ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yavuze ko Abanyarwanda bishwe ariko bitazashoboka ko bongera kwicwa bwa kabiri, avuga ko Abanyarwanda batazongera gupfa ukundi, ahubwo ko bazarwanya bivuye inyuma ko ibyo biba, kuva ku muto kugera ku mukuru.
Reba inkuru
Urwa menshi ni 11.445 Frw - Ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda
Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo bisimbura ibyari bimaze imyaka ibiri bikoreshwa.
Reba inkuru
Perezida Kagame yasubije abigeze kuvuga ko arembye
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko iyo amaze igihe kinini atagaragara mu ruhame, abantu bagatangira kugira impungenge ku buzima bwe ariko yabasubije ko ubuzima bwe buhagaze neza, ndetse kurenza ubwa benshi mu bo banganya imyaka y’ubukure
Reba inkuru
Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yasabye abacuruzi kudahenda abaturage bitwaje izamuka ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga
Minisitiri w’Intebe w'u Rwanda, Dr Nsengiyumva Justin, yatangaje ko n’ubwo izamuka ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga rizagira ingaruka ku Banyarwanda, bidakwiye kuba urwitwazo ku bacuruzi rwo kuzamura ibiciro uko bishakiye ku isoko ry’imbere mu gihugu.
Reba inkuru



