Ibiganiro bya RDC na AFC/M23 byo muri Qatar byasubitswe

Apr 9th, 2025 09:41 AMBy Vainqueur Mahoro
Share
Ibiganiro bya RDC na AFC/M23 byo muri Qatar byasubitswe

Ibiganiro byari guhuza intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 byari kubera muri Qatar guhera kuri uyu wa 9 Mata 2025, byasubitswe ku mpamvu zitatangajwe.

 

Ibi biganiro nubwo byasubitswe byimuriwe ku itariki itajwi, gusa amakuru ari hanze avuga ko ku tariki ya 7 Mata 2025 yageze impande zombi zitarakira ubutumire yaba ku ruhande rwa Leta ya RDC cyangwa urwa AFC/M23.

 

Hagati aho nubwo ibi bivugwa mu cyumweru gishize, intumwa z’impande zombi zari muri Qatar. Icyo gihe zagiranye ibiganiro byatumye AFC/M23 ikura abarwanyi bayo mu mujyi wa Walikale no mu bice bihana imbibi.

 

Tariki ya 18 Werurwe, Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, yahurije i Doha Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa RDC.

 

Abakuru b’ibihugu bemeranyije ko inzira ya politiki ari yo yakemura ikibazo cya Leta ya RDC ndetse n’abarwanyi ba AFC/M23 bagenzura ibice byinshi by’intara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

 

Tariki ya 27 Werurwe, Umuyobozi wungirije wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa, n’umuyobozi ushinzwe ubutasi n’ibikorwa bya gisirikare, Colonel Nzenze Imani John bagiye i Doha, baganira na Leta ya Qatar ku byifuzo byabo.

 

Icyo gihe, intumwa z’u Rwanda na RDC zari muri Qatar, ziganira ku buryo aya makimbirane yahagarara, cyane ko yahungabanyije umubano w’ibihugu byombi.

 

AFC M23,.jpg

 

Inkuru Bijyanye
Izindi