Umwihariko w’ibihangano by’ubugeni byamuritswe na Teta Mediatrice wanyuze muri Art-Rwanda Ubuhanzi

Apr 4th, 2026 05:59 AMBy Vainqueur Mahoro
Share
Umwihariko w’ibihangano by’ubugeni byamuritswe na Teta Mediatrice wanyuze muri Art-Rwanda Ubuhanzi

Umunyabugeni Teta Mediatrice Uwamahoro aherutse ku murika ibihangano bishya bigera kuri 41 binyuze mu imurikabikorwa (Exhibition) yise “Changeable Mindset” guhinduka kw’imyumvire, igikorwa yateguye mu myaka ibiri yose.

Ni imurikabikorwa rye (Solo Exhibition) rigamije guhindura uko abantu babona ubugeni, ndetse no kugaragaza ko butagarukira gusa ku bishushanyo bisanzwe byo ku bitambaro.

 

Ibirori byo kumurika Ibi bihangano bishya byabereye muri Park Inn by Radisson Kigali ku wa 28 Werurwe 2026, byitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye, kuva ku banyabugeni bagenzi be, abahanzi n’abandi baturutse hirya no hino baje kwihera ijisho ibihangano bisaga 41 Teta yamuritse.

 

 

Teta Mediatrice avuga ko intego nyamukuru y’ibi birori yari ukwerekana ko ubugeni atari igikorwa gifungiye ahantu hamwe gusa kigarukira mubishushanyo gusa nkuko bamwe babitekereza. 

 

Ati: “Nashakaga kugaragaza ko ubugeni ari ikintu kinini, kandi ko nk’umunyabugeni ataguma ku kintu kimwe gusa.”

 

“Ubwiza dushyira aho dutuye bugomba no kugera kuri twe ubwacu.”

 

Uyu munyabugeni yerekanye ibihangano bigera kuri 41 bifite ubutumwa butandukanye yamaze imyaka ibiri abitegura.

 

Ibi bihangano  birimo n’imyambaro itandatu yise “Uburanga” yakoze ashingiye ku bishushanyo yahanze, ikintu kitari gisanzwe mu bugeni bwo mu Rwanda.

 

Ibyo Teta yakoze  byatanze isura nshya y’ubugeni mu gihugu aho igihangano kitagarukira ku rukuta cyangwa kurubaho gusa, ahubwo cyahava kikanagera no ku mubiri w’umuntu. 

 

Iri murikabikorwa ryanabaye ihuriro ry’ubuhanzi dore ko abitabiriye basusurukijwe n’abahanzi barimo Umusizi Murekatete, Mugaara, Sam Skay, Bolingo, Joshua na David.

 

Muri ibi birori Teta Mediatrice yabashije kugurisha bimwe mu bihangano yahanze, yungutse abantu bashya batari bazi impano ye, ndetse yagutse mu bitekerezo no mu mikorere. 

 

Teta Mediatrice Uwamahoro ari mu cyiciro cy’abanyabugeni bashaka guhindura amateka y’ubugeni mu Rwanda.

 

Uyu mukobwa si mushya muri ibi bikorwa nubwo ari ubwa mbere akoze imurikabikorwa ryo kugiti cye (Solo Exhibition) ariko yitabiriye byinshi mu birori nk’ibi.

 

Mu 2023 yitabiriye Imurikabikorwa (Exhibition) ryabereye i Musanze , umwaka ukurikiyeho yitabiriye iryabereye muri Ubumwe Grand Hotel mu 2024, n’iryabereye muri Camp Kigali mu 2026.

element.png
Teta Mediatrice yanditse amateka mashya mu bugeni bwo mu Rwanda 
IMG-20260404-WA0035.jpg
Teta Mediatrice asaba ko ubugeni bwitabirwa nk’ibindi bikorwa by'imyidagaduro
IMG-20260404-WA0032.jpg
IMG-20260404-WA0029.jpg
IMG-20260404-WA0023.jpg
IMG-20260404-WA0021.jpg
IMG-20260404-WA0018.jpg
1774950548531IMG_2440.jpg
Teta Mediatrice yanamuritse imyambaro ishingiye ku bishushanyo by'ubugeni yahanze
1774950557226IMG_2443.jpg
1774950568050IMG_2439.jpg
1774950581866IMG_2444.jpg
Muri iri murikabikorwa Teta yerekanye imyambaro 6 yise "Uburanga" yakozwe hagendewe ku ishusho yahanze 
1774951113846IMG_2418.jpg
1774951094660IMG_2415.jpg
1774950419185PHOTO-2026-03-31-11-29-28.jpg
1774949879335PHOTO-2026-03-31-11-18-45.jpg
1774950124780PHOTO-2026-03-31-11-14-35.jpg
1774950097190PHOTO-2026-03-31-11-14-03.jpg
1774949803841PHOTO-2026-03-31-11-31-16.jpg
1774949729898PHOTO-2026-03-31-11-31-15.jpg
1774949710015PHOTO-2026-03-31-11-31-152.jpg
1774949654176PHOTO-2026-03-31-11-24-39.jpg
1774950224300PHOTO-2026-03-31-11-23-35.jpg
1774949559394PHOTO-2026-03-31-11-24-38.jpg
1774951367134PHOTO-2026-03-31-11-23-35.jpg

Mu 2024 Teta yanakoze imurikagurisha ry’ubugeni ryiswe “Smell of Success”  yafatanyije na Derrick Mugisha. 

Uyu mwaka Imurikabikorwa “Changeable Mindset” ryagaragaje ko ubugeni bushobora guhindura imyumvire, bugahuza ibice bitandukanye by’ubuzima, kuva ku rukuta kugera ku myambaro, no mu mitekerereze y’abantu.

 

Inkuru Bijyanye
Izindi