Urubyiruko rwa FPR muri AUCA rwasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

May 2nd, 2025 10:46 AMBy Vainqueur Mahoro
Share
Urubyiruko rwa FPR muri AUCA rwasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Urubyiruko rubarizwa mu muryango wa FPR INKOTANYI muri Kaminuza ya Adventist University of Central Africa (AUCA) rwasuye u Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, mu rwego rwo guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no gukomeza kwigira ku mateka y’igihugu.

 

Uru rugendo rwari rugamije kwigira ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, gusobanukirwa n’uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge, ndetse no guha icyubahiro inzirakarengane zishyinguwe ku Rwibutso rwa Kigali.

 

 

Nyuma yo gusobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, uru rubyiruko rwasuye ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside, banashyira indabo ku mva rusange.

 

Nyuma y’uru ruzinduko, habayeho ikiganiro cy’ubusesenguzi cyayobowe na Irakoze Pacifique umwe mubanyeshuri ba AUCA wafatanyije na Dr Charles umwalimu muri AUCA, ikiganiro cyagarutse ku ruhare rw’urubyiruko mu kubaka igihugu cyunze ubumwe, gitekanye kandi kirangwa n’amahoro.

 

Dr Charles yabwiye uru rubyiruko ko arirwo mbaraga z’igihugu ndetse ko rugomba kwigira ku mateka rwubaka ejo hazaza h’igihugu bifuza.

 

Ati: “Urubyiruko ni imbaraga z’igihugu. Tugomba gukoresha aya mateka nk’isomo ryo kubaka ejo hazaza heza, twirinda amacakubiri n’urwango.”

 

Uru rubyiruko rwari rukoze uru rugendo ku nshuro ya mbere rwasabye ko ingendo nk’izi zikomeza, kugira ngo rurusheho gusobanukirwa n’amateka y’igihugu, ndetse kugira uruhare mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge baharanira ko ibyabaye bitazongera ukundi!.

 

Abanyamahanga bitabiriye iki gikorwa bagaragaje ko bigiye byinshi muri icyo kiganiro, bavuga ko bungutse byinshi ku mateka y’u Rwanda no ku nzira y’ubwiyunge.

54489889870_19c80ce0cc_k.jpg
Basobanuriwe amateka n'ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi 
54489818983_62debf3d08_k.jpg
Abasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali basobanuriwe ububi bw'amacakubiri yagejeje kuru Jenoside yakorewe Abatutsi
54489820323_cbf234d86a_c.jpg
54489896970_e2afde97db_k.jpg
Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, baganiriye ku ruhare rwabo mu kubaka igihugu n'ahazaza hacyo
54489824738_8c891799d3_k.jpg
54489825158_a8d83def06_k.jpg
Bashyize indabo ku mva bunamira abarenga ibihumbi 250 baruhukiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
54489548561_1dfc999f35_k.jpg
Bashyize indabo ku mva bunamira abarenga ibihumbi 250 baruhukiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
54489900875_44970de578_k.jpg
54489825873_a15a0a27f4_k.jpg
Urubyiruko rwa FPR muri AUCA rwasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
54489919985_bd70c1ad43_k.jpg
Uru rubyiruko rwasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali biyemeza gukomeza gufasha abarokotse
54489848203_cc125d52ef_k.jpg
54489768274_4c1eaf8cd7_k.jpg
Basuye ibice bitandukanye by’uru Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
54489924455_8ea004958c_c.jpg
Basobanuriwe amateka ya mbere y'uko Jenoside iba, uburyo yateguwe igashyirwa mu bikorwa
Inkuru Bijyanye
Izindi